Post
Zimbabwe: Inteko yongeje Perezida Mnangagwa imyaka yo kuyobora, ikuraho amatora ataziguye
Abadepite 200 ni bo batoye iri tegeko, bakaba barenga kure bibiri bya gatatu bisabwa.
Iri tegeko rinakuraho amatora y’umukuru w’igihugu akorwa mu buryo butaziguye, bivuze ko abaturage atari bo bazajya bamutora, ahubwo bikazajya bikorwa n’Inteko Ishinga Amatageko.
Mnangagwa yagiye ku butegetsi mu Ugushyingo 2017 nyuma y’ihirikwa rya Robert Mugabe wari umaze imyaka 37 ayobora Zimbabwe.
Nyuma yo gutorwa mu mutwe w’Abadepite, rigomba kunyura muri Sena, rikazabona kubahirizwa mu gihugu.
Abashyigikiye iri tegeko bo mu ishyaka ZANU-PF riri ku butegetsi bavuga ko uzafasha igihugu kugira ituze rya politiki, kugabanya amafaranga ashyirwa mu matora no korohereza ubuyobozi gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere ry’igihe kirekire.
Uyu mushinga watangiye kwamaganwa na bamwe mu baturage n’abarwanye urugamba rwo kubohora Zimbabwe, bavuga ko ugamije gufasha Mnangagwa kuguma mu butegetsi.
