Post
U Bwongereza buraburira abenegihugu batemberera muri Kenya
{Leta y’U Bwongereza yaburiye ba mukerarugendo b’Abongereza batembera muri Kenya kwita ku mutekano wabo kurushaho kubera iterabwoba rikomeje kwiyongera mu mujyi wa Nairobi.}
Ambasade y’U Bwongereza yatangaje ko mu masaha 48 ashize, intagondwa zo mu mutwe wa Al-Shabaab zitahwemye kugaragaza ko zigiye gukaza ibitero muri iki gihugu.
Ibi biro bihagarariye U Bwongereza muri Kenya bivuga ko kandi ukurikije ubushakashatsi, uyu mutwe waba uri mu myiteguro ya nyuma bityo buri Mwongereza aho ari hose muri iki gihugu asabwe kuba maso.
Urubuga rwa BBC dukesha iyi nkuru, ruvuga ko mu Kuboza umwaka ushize abantu benshi bafashwe na Polisi ya Kenya bacyekwaho gufatanya na Al-Shabaab kandi muri bo hakaba harimo Umwongereza.
Ubutegetsi bwa Kenya kandi nabwo bwamenyesheje Abongereza ko bushaka kuganira nabo nkuko ibiro bya British Foreign & Commonwealth Office (FCO) mu gihugu bibitangaza.
Umunyamakuru wa BBC Caroline Hawley yavuze ko uku kuburira Abongereza ku mutekano wabo byaturutse ku kuba mu minsi ibiri ishize Polisi ya Kenya yaraburiwe na Al-Shabaab ko mu minsi mike iri imbere izatera Nairobi ifatanyije na Al-Qaeda.