Post
Syria : 552 barwanya ubutegetsi barekuwe
{Abanyasiriya 552 barwanyaga ubutegetsi bwa Bachar al-Assad kuri uyu wa Kane barekuwe basubira mu ngo zabo.}
Ibi byatangajwe n’ibiro ntara makuru bya Syria ( SANA).
Amakuru dukesha urubuga 7sur7 aravugako aba barekuwe bose nta numwe ukekwaho guhohotera abantu ; gusa ngo bose baregwa gutiza umurindi abandi baturage ngo bigumure ku butegetsi bwa Bachar al-Assad.
Kuva ku itariki ya 26 Ukuboza 2011 ubwo indorerezi ziturutse mu bihugu by’Abarabu zageraga muri Syrie, iki ni icyiciro cya kabiri kirekuwe mu rwego rwo kubahiriza ibyo Syria yiyemeje mu nama yari yabahuje mbere y’uko umwaka wa 2011 urangira.
Iki kiri muri bimwe izi ndorerezi zibashije kugeraho gifite akamaro nk’ukuko 7sur7 ibivuga, kuko ngo kugarura amahoro ariyo ntego nyamukuru yazijyanye.
Gusa bamwe baravuga ko bije bikererewe kuko ubutegetsi bwa Syrie bwari bwiyemereye mu nama y’ibihugu by’Abarabu ko umwaka uzarangira bamaze kurekura abarwanyaga ubutegetsi bagera ku 5.075.
Imiryango irengera ikiremwa muntu igaragaza ko imyivumbagatanyo yatangiye muri Syrie muri Werurwe imaze guhitana abaturage barenga 5000, abatari bake nabo bakaba barakomeretse cyane.