Post
Autriche: Umugore yikoze mu nda nawe ahita yiyahura
{Muri iki cyumweru, umugore w’imyaka 42 y’amavuko ukomoka wo mujyi wa Viennce ho mu gihugu cya Autriche yishe umwana we w’imyaka 10 maze nawe ahita yiyica.}
Urubuga rwa interineti 20 minutes dukesha iyi nkuru rutangaza ko uyu mugore yiyiciye umwana we w’umukobwa akoresheje imbuda umugabo we akoresha mu kazi maze nawe agahita yiyahura.
Abakoze iperereza kuri uru rupfu bavuga ko isasu uyu mugore yakoresheje yica umukobwa we ari naryo yakoresheje yiyica kuko bavuga ko basanze bari bicaranye umwe iruhande rw’undi ndetse n’imitwe bayifatanyije.
Aba bakoze iperereza kuri uru rupfu kandi bemeza ko uyu mugore yishe umukobwa we azi ibyakora ngo kuko bigaragara ko atabikoze ku bw’impanuka.
Umugabo w’uyu mugore n’umwana wabo w’umuhungu bavuga ko batazi ikibazo nyamukuru cyatumye uyu mugore akora amarorerwa nk’aya. Gusa ngo mu minsi ishize we n’umugabo we bari bafitanye ibibazo ariko bitatuma yica umwana we maze nawe akikura mu buzima.