Post
FDLR yishe abaturage 39 mu minsi ibiri
{Inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zishe abaturage 39 hagati y’itariki ebyiri n’eshatu Mutarama uyu mwaka mu gace ka Shabunda mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.}
Imiryango irengera uburenganzira bwa muntu yatangarije Radio Okapi kuwa gatatu ko ubu bwicanyi bwabereye mu nsisiro za Luyuyu, Ngolombe na Kishenya ziri i Bamuguba.
Iyi miryango ivuga ko i Luyuyu izi nyeshyamba zishe abantu 30 barimo n’umugore utwite bamukuramo umwana bamumukuramo.
Abantu bantu umunani biciwe i Ngolombe. Aha n’umukuru w’umudugudu nawe yishwe.
Abari mu mutwe wa FDLR basahuye ibiryo n’imiti yari ibitse muri ako gace.
Aya makuru kandi yemejwe n’abantu batandukanye ko FDLR yavuze ko iri bumishe urusasu ku muturage wese uri buve mu gace ka Shabunda.
Izi nyeshyamba zemeje ko gukora ubu bwicanyi ari ukwihorera ku baturage kuko babarega kuba bakorana n’umutwe w’ubwirinzi witwa Raia Mutomboki .
Urubyiruko rwo mu gace ka Shabunda rwashyizeho umutwe w’ubwirinzi mu guhangana na FDLR.