Post
Gerenade yaturikiye i Remera abantu babiri bitaba Imana
{Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Mutarama 2012, igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyaturikiye ahitwa Nyabisindu ho mu Murenge wa Remera mu Mujyi wa Kigali, abantu babiri bitaba Imana abandi 16 barakomereka.}
Umuvugizi wa Polisi, Supt. Theos Badege yatangarije IGIHE.com ko koko iki gisasu cyaturikiye hafi y’ahakorera contrôle technique, mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.
Yagize ati: “Ni byo koko abantu babiri bitabye Imana abandi 16 barakomereka mu Murenge wa Remera ahitwa Nyabisindu, ibitaro bitandukanye byahise byakira inkomere mu rwego rwo kubakurikirana”.
Supt. Theos Badege yakomeje avuga ko kugeza ubu nta wafashwe akekwaho kuba ari we wateye iki gisasu, ariko ngo Polisi yahise itangira iperereza ngo hamenyekane by’ukuri uwaba yihishe inyuma y’iki gikorwa.
Kuva mu mpera z’umwaka wa 2009 kugeza mu ntangiriro z’umwaka wa 2010, mu bihe bitandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu hagiye haterwa gerenade zigahitana bamwe abandi bagakomereka, ndetse abantu 29 bakekwaho kuba barabigizemo uruhare baracyakurikiranwa n’ubutabera.
Ku rundi ruhande, Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya, Rudasingwa Theogene na Gahima Gerald barezwe banahamwa no kugira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu, harimo no gutera za gerenade.