Post
Abaturage batarishyura ubwisungane mu kwivuza bashobora kuzacikanwa
{Minisiteri y’ Ubuzima iratangaza ko abaturage bose batarangiza kugura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) kandi igikorwa cyo kwishyura kigomba kurangirana n’ukwezi kwa Mutarama 2012.}
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko 80% by’ abaturage ari bo bamaze kugura ubwisungane mu kwivuza mu gihe itariki ya nyuma yo kwishyuriraho ari iya 31 Mutarama 2012. Gusa ariko n’ubwo bimeze bitya, Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko iki kigero cy’ubwitarire mu kugura “mutuelle” nshya gishimishije nk’uko The New Times dukesha iyi nkuru kibitangaza.
Minisitiri w”Ubuzima yagize ati:’’ Uko abantu bitabiriye politike nshya y’ubwisungane mu kwivuza birashimishije”.
Iyi minisiteri kandi ivuga ko intego yari yihaye mu mwaka w’2011 yazigezeho ku kigero cya 90%. Bimwe mu byagezweho ni iyubakwa ry’ ibikorwa remezo mu gihugu hose, guteza imbere gutanga serivisi inoze no gushyira mu bikorwa politiki nshya y’ubwisungane mu kwivuza.
Iyo minisiteri kandi itangaza ko yateye intambwe ikomeye mu kurwanya SIDA, Malariya, kugabanya umubare w’abana n’ababyeyi bapfa mu gihe cyo kubyara no gukingira abana, aho bavuga ko byageze ku kigero cya 90%.
Mu byo Minisiteri y’Ubuzima igiye gushyiraho ingufu nyinshi muri uyu mwaka wa 2012 harimo kurwanya imirire mibi no gutanga serivisi zinoze n’isuku.