Post
2012: Hari icyizere cyo kugira televiziyo zirenze imwe
{Igihe cyari kibaye kirekire Abanyarwanda bibaza ikibura ngo babashe kubona televiziyo zirenze imwe zikorera mu Rwanda. Ibi byatumye tubaza bamwe mu barebwa n’ ikibazo, badutangariza ko bigiye kujya mu buryo mbere y’uko umwaka w’2012 urangira.}
Mu kiganiro twagiranye n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Inama Nkuru y’ Itangazamakuru, Patrice Mulama, yadutangarije ko gutangiza izindi televiziyo mu Rwanda byagiye bitinzwa n’ itegeko ryatanzwe n’ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe Itumanaho (ITU), ryasabaga ko ibikoresho byose by’ itumanaho bigomba kuva mu buryo bwa analog bigashyirwa mu bwa digital.
Yakomeje agira ati:”Kugeza ubu gahunda yo kujya mu buryo bwa Digital isa n’ iyarangiye ku buryo mbere y’uko uyu mwaka urangira abashaka gushinga televiziyo baba batangiye gukora. ”
Mulama yongeyeho ko kugeza ubu bamaze kwemeza imishinga ya televiziyo zigera kuri esheshatu ari zo: Nation TV, Citizen TV, EATV, Light House TV, hamwe n’ izindi z’ abashoramali bo mu Rwanda ari bo Contact na Télé 10.
Ku ruhande rw’ abashoramali, twaganiriye na Nyagahene Eugène uyobora isosiyete ya Télé 10, adutangariza ko bafite umushinga wo gushyiraho televiziyo kuva mu mwaka wa 2007, ariko ko icyo gihe RURA yari yarahagaritse ibi bikorwa bitewe na gahunda yo kujya mu buryo bwa digital twavuze haruguru.
Nyagahene akomeza avuga ko imbogamizi zavuyeho, ubu hakaba hari icyizere. Ati:”Ubu dufite studio n’ibikoresho byose bisabwa, ndizera ijana ku ijana ko bitarenze Werurwe uyu mwaka tuzabasha gutangira.”
Umuyobozi wa Télé 10 kandi yemeza ko ikigo ayoboye gifite uburambe kandi biteguye gutanga serivisi nziza za televiziyo. Yasobanuye ko bafite gahunda yo kujya batanga amakuru ku Rwanda aturutse hirya no hino mu gihugu hose bifashishije uburyo bwo gukorana n’abanyamakuru bigenga bazaba barabihuguriwe.
Nk’ umwe mu bagize itsinda ryari rishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ uburyo bwa Digital, Nyagahene avuga ko hari hakiri imbogamizi bitewe n’uko hari abantu bagikoresha ibikoresho biri mu buryo bwa Analog nka televiziyo bareberaho n’ ibindi, ibi bikaba bisaba akuma kitwa Set Top Box gatuma bashobora gukorana n’ uburyo bwa Digital. Aha yasabye leta korohereza abantu kugura ako kuma kugirango babashe gukurikira televiziyo mu buryo bwa Digital.

Hari hashize imyaka myinshi mu Rwanda hakorera televiziyo imwe gusa ari yo”Televiziyo y’u Rwanda”, gusa nayo wasangaga benshi bavuga ko imikorere yayo itanoze nk’uko babyifuza. Gusa kuri ubu nayo yatangiye gahunda y’ivugurura, aho izashyiraho andi mashami atandatu.
{Hejuru ku ifoto: Albert Rudatsimburwa uyobora Contact na Eugène Nyagahene uyobora Télé 10}